Shampiyona y’Icyiciro cya mbere y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, BK Pro League isigaje imikino 2 ku makipe amwe andi asigaje umukino 1 ikagera ku musozo, Ari nabwo hazamenyekana ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup 2026-2027, Hamwe n’amakipe azamanuka mu kiciro cya kabiri.
Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda 2025-2026 ntiyari isanzwe kubera abashyitsi:
Bwa mbere mu mateka y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shampiyona 2025-2026, Yakinywe n’amakipe 18 harimo amakipe abiri yo muri Sudan ariyo El Merrikh na Al Hilal Sc zaje kubera umutekano utameze neza mu gihugu bakomokamo cya Sudan.
Ayo makipe akiza muri Shampiyona y’U Rwanda hari ibyahise bihinduka harimo n’imikino yiyongereye muri Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri rusange aho buri kipe yari isanzwe mu kiciro cya mbere yahise yongererwaho imikino 4 yayo makipe mashya, Umukino ubanza nuwo kwishyura.
Kugeza uyu munsi BK Pro League igeze ku munsi wa 33, Iyobowe na Al Hilal n’amanota 75 ari nayo yamaze kwegukana igikombe cya Shampiyona BK Pro League kuko irusha amanota 13 APR Fc ya kabiri nubwo itarakina umukino w’umunsi wa 33 yo. Bivuzeko mu mikino 2 APR Fc isigaje ntabwo byakunda ko irusha Al Hilal muri BK Pro League.
APR Fc ifite amanota 62, nayo yamaze kwegukana Shampiyona (BK Pro League National) ku makipe yo mu Rwanda kuko irusha Rayon Sports na Kiyovu amanota 10, Kandi hasigaye imikino 2 gusa.
Bivuzeko APR Fc yamaze gukatisha itike ya CAF Champions League 2026-2027, Nyuma yo gutwara n’Igikombe cy’Amahoro itsinze Rayon Sports Penaliti 4-2, Byatumye ikipe yo mu Rwanda izakurikira APR Fc muri BK Pro League ariyo igomba gusohoka mu mukino ya CAF Confederation Cup 2026-2027.
Rayon Sports na Kiyovu Sports nizo ziri kurwanira itike ya CAF Confederation Cup 2026-2027:
Rayon Sports na Kiyovu ziranganya amanota muri Shampiyona kugeza ubu, Zose zifite amanota 52, Aho Rayon Sports ya 4 izigamye ibitego 8 mu gihe Kiyovu Sports ari iya 5, izigamye ibitego 13.
Hano benshi bakomeje kwibaza impamvu Rayon Sports iza imbere ya Kiyovu Sports kandi, Rayon Sports izigamye ibitego bicye kurusha Kiyovu Sports.
Uko amategeko ameze ku byarebwaho ku makipe uko azakurikirana muri Shampiyona ya BK Pro League 2025-2026:

Impamvu Rayon Sports iza imbere ya Kiyovu Sports ni uko muri Shampiyona mu mukino ubanza tariki ya 13 Nzeri 2025, Batsinze Kiyovu Sports ibitego 2-0.
Rayon Sports muri Shampiyona isigaje imikino 2 harimo umukino bazakina na Bugesera Fc na Kiyovu Sports, Rayon Sports niramuka itsinze Bugesera Fc izaba isabwa ku nganya cyangwa gutsinda Kiyovu Sports cyangwa gutsindwa na Kiyovu Sports ibitego biri munsi y’ikinyuranyo cya 2. Kugirango ibone itike ya CAF Confederation Cup.
Kiyovu Sports isigaje umukino wa Rayon Sports gusa irasabwa kuzatsinda byibura Rayon Sports ibitego 3-0 cyangwa na 2-0, Mu gihe Rayon Sports yaba yatsinze Bugesera Fc ibitego biri munsi ya 5, Nibwo izahita ibona itike ya CAF Confederation Cup.
Indi nkuru wasoma: Rutahizamu w’Amavubi Joy Lance Mickels yakiriye igihembo yakoreye
Ku makipe agomba kumanuka mu kiciro cya kabiri;
Ku ku ikipe ya 14 Amagaju Fc ifite amanota 34, 15 As Kigali ifite amanota 32, 16 Etincelles Fc ifite amanota 31, 17 As Muhanga ifite amanota 31, 18 Rutsiro Fc ifite amanota 29, zose bicyashoboka ko zamanuka mu kiciro cya kabiri.
Amagaju Fc arasabwa kuzanganya na Mukura Victory Sports mu mukino wa nyuma basigaje gukina muri BK Pro League mu gihe andi makipe yose harimo Etincelles Fc, As Kigali, As Muhanga, Rutsiro Fc bose basabwa gutsinda bagategereza uko bizagenda ku bindi bibuga.
Gusa nanone Amagaju Fc nayo yamanuka mu gihe batsindwa na Mukura Victory Sports, Muhanga igatsinda Marine Fc, As Kigali igatsinda na Rutsiro Fc igatsinda.
As Kigali kandi nayo yamanuka mu gihe yatsindwa na Rutsiro igatsinda na Etincelles igatsinda. Gusa Shampiyona nirangira uko amakipe agikurikirana nkuko bimeze ubu, As Muhanga na Rutsiro Fc nizo zizamanuka.

Umunsi wa nyuma icyo bazageraho bareba ikipe izakinira ku kibuga gisangiwe na benshi kandi bari bukinire amasaha amwe.

Rutahizamu w’Umurundi Asmani Ndikumana niwe watsinze ibitego 2-0 Kiyovu Sports mu mukino ubanza muri BK Pro League.
Must See
-
Imikino
/ 1 hour agoIcyo amategeko ya BK Pro League avuga mu gihe Rayon Sports na Kiyovu SC zanganya amanota
Shampiyona y’Icyiciro cya mbere y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, BK Pro League isigaje imikino 2...
-
Imikino
/ 19 hours agoRutahizamu w’Amavubi Joy Lance Mickels yakiriye igihembo yakoreye
Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu Amavubi, Joy Lance Mickels, Yatwaye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri...
-
Imikino
/ 3 months agoNanone kandi? Real Madrid yongeye gutombora Man City muri Champions inshuro ya 6 mu myaka 7
Muri tombora y’Imikino ya 1/8 ya UEFA Champions League 2026, Real Madrid yongeye gutombora...
-
Amakuru
/ 3 months agoKimenyi Yves yasezeye ruhago nyuma y’imyaka 3 adakina
Umunyezamu w’Umunyarwanda, wahoze akina ruhago mu makipe atandukanye hano mu Rwanda, Kimenyi Yves yasezeye...
-
Amakuru
/ 4 months agoBruno Ferry yavuze kuri Ndikumana Asman nyuma yo kunyagirwa na Al Hilal
Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko ibibazo bivugwa mu ikipe ye birimo...
By Gatete Jimmy
Inkuru zarebwe cyane
- AMASHUSHO _ Byiringiro Lague yemeje ko APR FC izakuramo Pyramids (78,674)
- 🚨LIVE REPORTING – Umubiligi Remco Evenepoel niwe wegukanye agace ka ITT – UCI Road World Championshipship 2025 (61,828)
- Gen.Patrick Nyamvumba yasabye Rayon Sports kurwana ku izina ry’igihugu -AMAFOTO (36,344)
- Kimenyi Yves yasezeye ruhago nyuma y’imyaka 3 adakina (35,370)
- Abakinnyi 3 b’abanyarwanda bageze mu matsinda y’Imikino ya CAF abandi 2 bari ku muryango (34,680)

