Connect with us

Amakuru

Basketball :  Kepler yakuye inkingi ya mwamba muri APR

Ikipe ya Kepler Women Basketball Club yemeje ko yasinyishije Assouma Uwizeye amasezerano y’umwaka umwe, avuye mu ikipe ya APR WBBC yari amazemo imyaka hafi icyenda kuva mu 2015.

Iyi ni intambwe ikomeye ku mukinnyi umaze igihe kirekire ari umwe mu nkingi za mwamba muri shampiyona y’Igihugu ya Basketball mu bagore.

Uwizeye, ufite imyaka 29, akina ku mwanya wa forward kandi azwiho gukina adacogora, agatanga umusanzu ufatika mu bwugarizi no mu gutsinda.

Afite uburebure bwa metero 1.82, ibintu bimufasha gutsinda imipira yo hejuru no guhangana n’abakinnyi bakomeye imbere ya paniye.

Mu mwaka ushize w’imikino, yatsinze ikigereranyo cy’amanota 5.8 kuri buri mukino, akora impuzandengo ya rebounds esheshatu, ndetse akanatanga assists 0.4.

Mu gihe yari muri APR, Uwizeye yagaragaje ubunararibonye bwinshi haba mu mikino yo mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga. Yitabiriye amarushanwa atandukanye ategurwa na FIBA, aho yagiye ahagararira u Rwanda n’ikipe ye ku rwego rushimishije.

Muri FIBA Africa Champions Cup Women 2022, Uwizeye yitwaye neza atsinda impuzandengo y’amanota 9.3 ku mukino akanagira rebounds 8.8, agaragaza ko ashobora guhangana n’abakinnyi bo ku rwego rwo hejuru muri Afurika.

INDI NKURU WASOMA :Rayon Sports WFC yashimiwe n’umunya-Kenya wayiciyemo

Ubuyobozi bwa Kepler WBBC buvuga ko gusinyisha Uwizeye ari intambwe igamije kongerera ikipe imbaraga n’uburambe, cyane cyane mu gihe iri kwitegura guhatanira imyanya myiza mu marushanwa ari imbere.

Si ibyo gusa kuko iyi kipe yanongeye kugumana Aichata Traoré ukomoka muri Mali, wari wayifashije cyane mu mikino ya playoffs y’umwaka ushize.

 

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru