Connect with us

Amakuru

Manchester City yamaze kumvikana iby’ibanze na Marc Guehi

Manchester City yongeye kugaragaza ko ishaka igikombe cya Premier League muri uyu mwaka, nyuma yo kongera imbaraga mu isoko ry’igura n’igurisha ryo muri Mutarama.

Iyi kipe ya Pep Guardiola yasinyishije Antoine Semenyo avuye muri Bournemouth, uyu Munya-Ghana ahita yigaragaza atsinda ibitego bibiri anatanga umupira wavuyemo igitego mu mikino ibiri ya mbere yakinnye.

City kandi yamaze kumvikana mu buryo bw’ibanze na Crystal Palace kuri kapiteni wayo Marc Guehi, nubwo amasezerano ataratangazwa ku mugaragaro.

Bivugwa ko amafaranga agera kuri miliyoni 20 z’ama-Pound ari yo yemeranyijweho, bikaba byitezwe ko uyu myugariro azahita yinjira mu bakinnyi babanza mu kibuga.

Iyi kipe iri mu bibazo by’imvune mu bwugarizi bwo hagati, ndetse inafite icyuho cy’amanota atandatu iyirushwa na Arsenal nyuma yo kunganya imikino itatu iheruka. Ibyo byatumye Guardiola yihutira kongera imbaraga mu ikipe, asoza gahunda y’ivugurura rimaze umwaka wose.

INDI NKURU WASOMA:Manchester United yiyongereye amahirwe yo gusinyisha Carlos Baleba

Nubwo City imaze gusinyisha abakinnyi benshi, abayisesengura bavuga ko ifite ubushobozi buhagije mu by’imari. Kuva mu ntangiriro za 2025, iyi kipe imaze gusinya abakinnyi 14 itanze hafi miliyoni 414 z’ama-Pound, ariko ikaba yaraninjije menshi binyuze mu kugurisha abakinnyi.

Raporo z’imari zigaragaza ko City yungutse miliyoni 144 mu myaka itatu ishize, bityo ikaba idahungabanywa n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’umutungo.

Kwinjira kwa Guehi bifatwa nk’igisubizo kirambye, kuko ari umwe mu myugariro beza mu Bwongereza, ufite ubunararibonye mu mikino ikomeye ndetse no kuyobora bagenzi be. Ibi byiyongereyeho byerekana ko Manchester City itifuza kurekura igikombe byoroshye.

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru