Connect with us

Amakuru

U Rwanda ruri gutera intambwe ishimishije igana ku kwakira Formula 1 – RGB

U Rwanda rurimo gutera intambwe igaragara mu biganiro bigamije kwakira isiganwa rikomeye rya Formula One (F1), byo kuba ryabera mu gihugu mu mwaka wa 2029.

Abayobozi bakuru b’igihugu batangaje ko ibiganiro n’abategura iri rushanwa bikomeje kugenda neza, nubwo hataragerwaho amasezerano ya nyuma.

Nyuma y’imyaka irenga 30, F1 itagaragara ku mugabane wa Afurika, haravugwa cyane icyizere cyo kongera kuhasubiza iri rushanwa mpuzamahanga. Iheruka yabereye muri Afurika mu 1993 muri Afurika y’Epfo, aho Alain Prost wari ufite ibikombe bine by’isi ari we wayegukanye.

Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), yabwiye ikinyamakuru The New Times ko ibiganiro n’abayobozi ba Formula One biri gutera imbere nziza, ariko ko bifitanye isano ya hafi n’umushinga wo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege i Bugesera.

Yagize ati: “Turi mu rugendo rushobora kuduha kwakira Formula One mu 2029. Turifuza gukoresha umushinga w’ikibuga cy’indege mu guteza imbere umujyi mushya wose.”

Yakomeje asobanura ko isiganwa rya F1 ritaba gusa ari irushanwa, ahubwo ari igikorwa cyagutse kirimo imyidagaduro, ibikorwa remezo n’ishoramari rinini.

INDI NKURU WASOMA:Dore ibyo ugomba kumenya ku mutoza mukuru ugiye kuza muri Rayon Sports

Afrika yongeyeho ko aho isiganwa ryabera hashobora no kwakira amarushanwa ya Formula Two na Formula Three, bikazafasha u Rwanda kuba igicumbi cy’imikino y’imodoka muri Afurika.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yemeje ko ibiganiro biri kugenda neza kandi ko u Rwanda rugaragaza ubushobozi bwo kuba umufatanyabikorwa wizewe. Yagaragaje ko kwakira F1 byafungura amarembo ku bashoramari bakomeye no ku masosiyete mpuzamahanga aterwa inkunga n’iyi siporo.

Ati: “F1 itanga amahirwe menshi. Ntibireba gusa kwakira isiganwa, ahubwo bifasha guteza imbere siporo, ubukerarugendo n’ubukungu muri rusange.”

Perezida Paul Kagame yagaragaje kenshi ubushake bw’u Rwanda bwo kwakira iri rushanwa, ndetse yitabiriye amasiganwa atandukanye ya F1 mu bihugu byo hanze. Kigali yanakiriye ibihembo bya FIA mu 2024, ari na ho byongeye gushimangira intego y’igihugu yo kwinjira mu mateka ya Formula One.

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru