Connect with us

Amakuru

11 Chelsea ishobora gukinisha kuri Arsenal ari nako impaka za Palmer na Estevão zaciwe

Chelsea irakira Arsenal ku mugoroba wo kuri iki cyumweru saa 18:30, kuri Stamford Bridge mu mukino ugaragara nk’usobanura byinshi ku mpande zombi ndetse no ku rutonde rwa shampiyona .

Nyuma yo kunyagira Barcelona ibitego 3–0 hagati muri iki cyumweru, abasore ba Maresca barashaka gukomeza uwo murongo mwiza, mu gihe gutsinda byabaha kusigara amanota atatu gusa inyuma ya Arsenal iyoboye urutonde rwa Premier League.

Gusa icyitezwe kuri uyu mukino ni ho amahitamo akomeye  kuri Enzo Maresca. By’umwihariko, ikibazo cyibazwa n’abenshi ni uko Cole Palmer wari umaze amezi abiri hanze yongeye kwemezwa ko ashobora no gutangira, ndetse n’ukuntu Maresca yari amaze kwemezwa na rutahizamu muto Estevão Willian ukomeje kwigaragaza mu buryo budasanzwe.

Uko ikipe ishobora kubanza mu kibuga

Robert Sanchez akomeje kwitwara neza, nubwo mu mukino wa Barcelona atabonye akazi gakomeye cyane. Ubushobozi bwe bwo kubaka umukino uturutse inyuma butuma Maresca amwiringira kurushaho.

Ku ruhande rw’inyuma, Reece James ashobora gusubira ku mwanya we wa myugariro w’inyuma iburyo, nyuma yo gukina hagati ku mukino uheruka.

Nubwo no kuri ubu biragaragara ko Maresca akeneye James mu kibuga, haba mu guhanahana cyangwa mu guhangana n’igitutu Arsenal itera binemezwa ko akeneye gutuma ikipe isatira cyane.

Wesley Fofana na Trevoh Chalobah ni bo bagomba kubanza mu mutima w’ubwugarizi, bijyanye n’ukuntu bamaze igihe bakinana neza.

Marc Cucurella, watsindiye igihembo cy’umukinnyi w’umukino ubwo batsindaga Barcelona, arongera guhura n’akazi gakomeye: guhagarika Bukayo Saka gusa  uyu munya-Espagne aracyafite ubushake bwo kwerekana ko ibyo yakoze atari impanuka.

Marc Cucurella

Hagati mu kibuga

Moises Caicedo na Enzo Fernandez baritezwe cyane. Abenshi bategereje kureba uko Caicedo azahangana na Declan Rice, ariko uyu munya-Equateur we aravuga ko yibanda ku ikipe ye kurusha umuntu ku giti cye. Fernandez ashobora gukina inyuma gato, ariko ntibizamubuza kwinjirana mu rubuga rw’amahina nk’uko akunze kubigenza.

INDI NKURU WASOMA :Ibirwa bya Maurice na Eritrea bongeye kwigaragaza -Africa Cycling Excellence Awards 

Abataka

Uko byagenda kose, Pedro Neto ashobora kugaruka ku ruhande rw’iburyo, mu gihe Maresca ashobora kongera kuruhura Estevão Willian, nubwo bikomeje gutera impungenge bijyanye n’uburyo uyu mwana amaze iminsi yitwara cyane cyane ku mikino minini.

Ingingo nini mu nkuru y’uyu munsi ni Cole Palmer. Yemejwe ko ari muzima kandi ushobora no kubanza mu kibuga. Nubwo ari ikibazo gikomeye kuri Maresca, umukino ukomeye nk’uyu ushobora gutuma atinyuka kumushyira mu kibuga hakiri kare. Ni we ufite ubuhanga bushobora guhindura ibintu ku mukanya uwo ari wo wose.

Ku rundi ruhande, Alejandro Garnacho ashobora gutangizwa nyuma yo kwicazwa igihe batsindaga Barcelona, naho Joao Pedro na we ashobora gusubira mu busatirizi, nubwo hari impaka ku kuba Liam Delap yatangira nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere muri uyu mwaka.

Abashobora gutangira: Sanchez; James, Fofana, Chalobah, Cucurella; Caicedo, Fernandez; Neto, Palmer, Garnacho; Joao Pedro.

Amakipe abiri meza muri Premier League ubu Chelsea na Arsenal barahura mu mukino utegerejwe cyane kuri Stamford Bridge ku cyumweru nimugoroba.

Cole Palmer with Declan Rice during Chelsea's clash against Arsenal

Arsenal iyoboye urutonde rwa Premier League n’amanota 29, naho Chelsea iri ku mwanya wa kabiri inyuma y’ikipe ya Gunners amanota atandatu.

The Blues imaze gutsinda cyane mu mikino yo mu gihugu no mu Burayi mbere y’uko irwana na Arsenal, itsinda buri mukino mu mikino itatu iheruka ya Premier League idatsinzwe igitego, izamuka ku mwanya wa kabiri ku rutonde, itsinda Burnley ibitego 2-0 ku ya 22 Ugushyingo.

Igitego gitangaje, igitego cyiza cya Estevao n’igitego cya mbere cya Liam Delap muri Champions League byahaye Chelsea intsinzi itangaje kuri Barcelona iri ku mwanya wa 10 ku wa kabiri nijoro. Iyi ntsinzi ituma ikipe ya Blues irusha Barcelona ku mwanya wa shampiyona, izamuka ku mwanya wa 7, irushwa amanota abiri gusa na PSG iri ku mwanya wa kabiri n’amanota atanu inyuma ya Arsenal iri ku mwanya wa mbere.

Igitego cyiza cyane cya Eberechi Eze cyatumye Arsenal irushaho kwirata imbere ya Tottenham, inayitsinda amanota atandatu ku mwanya wa mbere muri Premier League, itsinze ibitego 4-1.

Ibitego bya Noni Madueke na Gabriel Martinelli mu gice cya kabiri byatumye Arsenal itsinda ibitego 3-1 mu mukino wahuje Bayern Munich na Champions League ku wa gatatu. Nyuma y’iyo ntsinzi, Arsenal ikomeje kuba ikipe imwe rukumbi muri Champions League ifite agahigo ko gutsinda 100% kugeza ubu, imaze gutsinda imikino itanu mu mikino itanu.

29 % y’abatega mu Muryango Wa Fortebet bemera ko Chelsea iratsinda, 22 % bemera ko baranganya naho 49 % bizera mu nsinzi ya Arsenal.

KWAMAMAZA: Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Fortebet; kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari ya mbere, Kanda munsi 👇👇👇https://www.fortebet.rw/?pref_device=desktop&utm_source=thedrum_rw&utm_medium=leaderboardHP&utm_campaign=week48#/app/offer/top

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru