Connect with us

Amakuru

Tanzania : Imyigaragambyo yahagaritse imikino ya shampiyona

Imyigaragambyo imaze iminsi ine muri Tanzania irakataje, nyuma y’uko abaturage benshi bagaragaje kutishimira uburyo amatora y’umukuru w’igihugu yateguwe n’uko yagenze.

Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ikomeje gufata indi ntera ndetse n’inzego nyinshi z’ubuzima bw’igihugu zatangiye guhagarara, Ibyahagaze harimo n’imikino ya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere.

Abigaragambya bavuga ko batishimiye ko Komisiyo y’Amatora yatangaje Samia Suluhu Hassan nk’uwatsinze amatora ku majwi 97,66%, bavuga ko ibyavuye mu matora bitagaragaza ukuri kw’ibyabereye mu biro by’amatora nyirizina.

Abigaragambya bamagana cyane uburyo abakekwaho kuba baramushyigikiye bahawe umutekano usesuye mu gihe abatavuga rumwe na we bafashwe, abandi bakaba bafunzwe.

INDI NKURU WASOMA :  RPL : Nubwo badasiba guhanwa ;burya abasifuzi nta n’urupfumuye bari babona 

Ibi byatumye uburakari bwiyongera mu mijyi minini nka Dar es Salaam, Arusha na Mwanza, aho ibikorwa byinshi by’ubucuruzi n’ubwikorezi byahagaze.

CHAN2024: Kapombe's superb strike leaves Tanzania on brink of knockout stage

Indi ngaruka igaragara y’aka kaduruvayo ni uko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere yahagaze, nyuma y’uko ku wa Gatatu imikino ibiri itabaye – uwo Simba SC yagombaga gusuramo TRA United n’uwo Azam FC yagombaga kwakiramo Singida Black Stars.

Kuri uyu wa Gatandatu, umukino wari guhuza Tanzania Prisons na Yanga Africans na wo wamaze gusubikwa bitewe n’impungenge z’umutekano.

Abaturage bamwe bavuga ko batifuza gukomeza kubaho mu gihugu bavuga ko cyuzuyemo “ubwoba n’igitugu”, mu gihe abandi bagaragaza impungenge ko imyigaragambyo ishobora gukurura urugomo rurenze urugero.

Polise yo ikomeje gusaba abaturage kureka imyigaragambyo itemewe n’amategeko, ivuga ko igamije kurinda umutekano w’abaturage bose.

Kugeza ubu, ubuyobozi ntiburatangaza igihe imyigaragambyo izarangirira, ariko ibimenyetso bigaragara byerekana ko igihugu kiri mu bihe bikomeye by’amakimbirane ya politiki.

KWAMAMAZA: Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Fortebet; kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari ya mbere, Kanda munsi 👇👇👇

https://www.fortebet.rw/?pref_device=desktop&utm_source=thedrum_rw&utm_medium=leaderboardHP&utm_

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru