Connect with us

Imikino

Ndikumana Asuman agiye guhangana na Byiringiro Lague – Twinjira mu byitezwe ku munsi wa Kabiri wa Rwanda Premier League

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 igiye gukomeza hakinwa umunsi wa kabiri, aho amakipe akomeye arimo APR FC, Rayon Sports, na Kiyovu Sports agiye kongera guseruka mu kibuga imbere y’abafana.

Ku wa Kane tariki ya 18 Nzeri 2025, Gorilla FC izakira Mukura Victory Sports kuri Kigali Pelé Stadium saa Cyenda.

Aya makipe amaze guhura inshuro 9 kuva Gorilla FC yazamuka mu cyiciro cya mbere mu 2020, aho Gorilla yatsinzemo 4, Mukura itsindamo 3, banganya kabiri.

Umwaka ushize, buri kipe yatsinze umukino umwe muri ibiri bahuyemo. Umukino utegerejweho cyane kuzabonekamo ubwinshi bw’ibitego bijyanye n’uburyo amakipe yombi asanzwe ahangana bikomeye.

Ku munsi  uzakurikiraho, ku wa Gatanu saa 16h50, APR FC izacakirana na Gicumbi FC kuri Kigali Pelé Stadium.

Ni umukino urimo amateka akomeye kuko baheruka guhurira mu cyiciro cya mbere muri Gashyantare 2022, ubwo APR FC yatsindaga Gicumbi ibitego 2-0 byatsinzwe na Byiringiro Lague, utagikina muri APR.

INDI NKURU WASOMA BIFITANYE ISANO : Thomas Partey yahakanye ibyaha byo gufata ku ngufu abagore aregwa

Mu mikino 7 iheruka, APR FC yatsinze inshuro 5, banganya 2, Gicumbi iheruka gutsinda APR muri 2017.

Kuri uwo munsi kandi, Rutsiro FC izakira Gasogi United. Aya makipe amaze guhura inshuro 8, Gasogi itsinda 5, Rutsiro 1, banganya kabiri. Ni umukino Rutsiro izashaka kwitwaramo neza imbere y’abafana bayo.

AS Muhanga izakira Kiyovu Sports kuri uwo munsi. Amateka agaragaza ko baheruka guhura mu 2021 ubwo AS Muhanga yari igikina mu cyiciro cya mbere, Kiyovu itsinda 2-0. Muri rusange, AS Muhanga yatsinzemo inshuro 2, Kiyovu 1, banganya rimwe.

Ku wa Gatandatu, Amagaju FC azakira Bugesera FC, Etincelles FC yakire Marine FC naho Musanze FC yakire AS Kigali.

Umukino utegerejwe na benshi uzaba ku wa Kane w’icyumweru gitaha, Rayon Sports izakira Police FC kuri Kigali Pelé Stadium. Uyu ni umukino wahujwe n’amateka akomeye no guhatanira igikombe. Byiringiro Lague na Ndikumana Asman nibo bayoboye urutonde rw’abamaze gutsinda ibitego byinshi, buri umwe afite bibiri.

Gorilla FC iyoboye urutonde n’amanota 3, inganya na Rayon Sports. Kiyovu Sports na AS Muhanga nizo ziri ku mwanya wa nyuma, nta nota zirabona, zombi zifite umwenda w’ibitego bibiri.

Imikino y’umunsi wa mbere wa UEFA Champions League irakomeza kuri uyu wa gatatu ndetse imwe mu mikino mini ihari harimo uwo ikipe ya Liverpool kuri Anifield Road Stadium  iraza kuba yakiriye ikipe ya Athletico  Madrid ku isaha y’i saa tatu z’ijoro .

Kuri kampani ya mbere yo gutega ku mikino itandukanye ikorera mu Rwanda ya Fortebet  ,uyu mukino wamaze kugeraho ndetse hari amasoko atandukanye ushobora kuba wawuguraho ku bikubo utasanga ahandi  .

Liverpool gutsinda kwayo bikubiye 1.55      kunganya kwayo  bikubiye 4.50 mu gihe gutsindwa bikubiye 6.10 .

LIVERPOOL – ATLETICO MADRID

17. 9. 2025
Umukino uratangira: 21:00

Muze kuryoherwa n’umukino!

Tega nonaha!

Amakipe abiri akomeye i Burayi azahura mu mukino uzaba umwe mu y’ingenzi ku munsi wa mbere wa Champions League, aho Liverpool izakira Atletico Madrid kuri Anfield ku mugoroba wo ku wa Gatatu.

Liverpool yatangiye shampiyona ya Premier League neza nta tsinda iratakaza, mu gihe abashyitsi aribo Atletico Madrid ari bwo bari bamaze kubona intsinzi ya mbere muri La Liga.

Penariti ya Mohamed Salah mu minota y’inyongera ku munota wa 95 ni yo yafashije Liverpool gutsinda Burnley 1-0 mu buryo bw’igitangaza, iyo ntsinzi ikomeza gushyira Liverpool ku mwanya wa mbere ari yo kipe yonyine ifite amanota 100%. Liverpool yongeye kwifashisha iminota y’inyongera ngo yegukane intsinzi, kuko n’indi mikino itatu iheruka yari yayitsindiye ibitego byabonetse nyuma y’umunota wa 83, kandi uwo murongo wakomeje no muri Burnley.

Atletico yo izinjira mu mukino wo ku wa Gatatu ifite amarangamutima avanze, nyuma yo kubura intsinzi mu mikino itatu ibanza ya La Liga – itsindwa 2-1 na Espanyol hanyuma igakina 1-1 na Elche ndetse na Alaves.

Ariko ikiruhuko cy’amarushanwa mpuzamahanga cyaje ari amahirwe kuri Atletico, kuko yabashije gutsinda umukino wayo wa kane yakiniye mu rugo ikina na Villarreal, aho Pablo Barrios na Nico Gonzalez batsinze ibitego bibiri byabonetse mbere na nyuma ya karuhuko, biyifasha kubona intsinzi ya 2-0.

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

More in Imikino