
Mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryasojwe kuwa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025 , habayeho ikosa ryateye urujijo ndetse n’agahinda ku ikipe ya APR FC, ubwo yamburwaga amahirwe yo gushyikirizwa umudari wayo ku mugaragaro nk’uko bikwiye.
Ibi byabaye nyuma y’uko hatanzwe amakuru atari yo, byatumye iyi kipe ititabira umuhango wo gutanga ibihembo wabereye ku kibuga.
APR FC yari yegukanye umudari w’umwanya wa gatatu itsinze KMC igitego kimwe cya Mamel Dao, ariko ntiyigeze iwuhemberwa ku mugaragaro nk’uko bisanzwe bikorwa mu marushanwa akomeye.
Amakuru dukesha APR FC yemeza ko nyuma yo kubona ko habayeho kwibeshya, ubuyobozi bwa CECAFA, binyuze kuri Andrew Oryada, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iyamamazabikorwa n’Itangazamakuru, bwagize ubutwari bwo gusaba imbabazi imbere y’imbaga yari yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo no gusangirira hamwe wiswe Gala Dinner & Award .
Aho yagize ati: “Mu izina rya komite ya CECAFA, ndashaka gufata uyu mwanya ngo nsabe imbabazi ikipe ya APR FC. Hatanzwe amakuru nabi, bituma ubwo hadatangirwa imidari ku kibuga. Gusa mwakoze kuba mwaje muri iyi CECAFA Gala Dinner & Award.”
INDI NKURU WASOMA BIFITANYE ISANO : Kuba Singida Black Stars yatwaye CECAFA Kagame Cup byagakwiye gukanga Rayon Sports bagiye guhura ?
Ubu busabe bw’imbabazi buje nyuma y’uko bigaragara ko CECAFA yari yemereye amakipe, arimo na APR FC, ko ibihembo byose bizatangwa mu mugoroba, ariko bikarangira ibyo umwanya wa gatatu bidatangiwe ku kibuga mu buryo butamenyeshweje ikipe.
Ni ikosa ryagaragaje icyuho gikomeye mu itegurwa ry’iri rushanwa, ryanateje impaka mu bakunzi b’umupira w’amaguru byumwihariko ab’ikipe ya APR FC.
Nubwo habaye icyo cyuho, APR FC yo yari yitabiriye umuhango w’iyo Gala,ndetse n’umukinnyi wayo Memel Raouf Dao yanashimiwe byihariye ahabwa igihembo cy’umukinnyi w’irushanwa.
Biteganyijwe ko iyi kipe y’ingabo z’igihugu igera i Kigali ku wa Kabiri nimugoroba, aho izahita yitegura gukina na Gicumbi FC ku wa Kane mu mukino wa mbere wa shampiyona uzabera kuri Kigali Pele Stadium.
Ushaka gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Forte Bet ;niba utariyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari rya mbere : 👉👉👉👉 fortebet.rw .
Uyu munsi tariki ya 16 Nzeri 2025 hari imikino itandukanye muri UEFA CHAMPIONS LEAGUE yamaze kugaruka ku nshuro ya kabiri ikinwa mu buryo buvuguruye .
Umukino uhatse iyindi yose n’uza guhuza Real Madrid mu rugo iraza kuba yakiriye Olyempique de Marseille ku isaha y’i saa tatu z’ijoro .
Gutsinda kwa Real Madrid bikubiye : 1.38 Kunganya 5.60 Gutsinda kwa Marseille bikubiye 7.80 .
Real Madrid iratangira urugendo rwo gushaka igikombe cya 16 cya Champions League ubwo izakira Olympique Marseille ku wa Kabiri mu mukino wo mu itsinda.
Nyuma yo gusezererwa muri 1/2 cya Club World Cup, Real Madrid yahagurutse neza maze itangira neza shampiyona ya La Liga ku nshuro ya mbere iyobowe n’uwahoze ari umukinnyi wayo akaba n’umutoza mushya Xabi Alonso. Los Blancos binjiriye mu kiruhuko cy’abakinnyi mpuzamahanga bafite ikizere gikomeye nyuma yo gutsinda Osasuna, Real Oviedo na Mallorca.
Kylian Mbappé yatsinze igitego kimwe akanatanga umupira wavuyemo ikindi gitsinzwe na Arda Güler, ubwo Real Madrid yakinaga ari abakinnyi 10 gusa ikabona intsinzi ya 2-1 kuri Real Sociedad ku wa Gatandatu ushize, ikomeza kuba ku mwanya wa mbere n’amanota 12 mu mikino ine, irusha amanota abiri Barcelona ifite igikombe cya shampiyona giheruka.
Olympique Marseille izajya mu murwa mukuru w’u Busipanye nyuma yo gutangira Ligue 1 mu buryo butari bwiza cyane, aho yatsinze imikino ibiri ya mbere yakinnye mu rugo ariko igatsindwa yose yakinnye hanze.
Nyuma yo gutsindirwa na Rennes yari ifite abakinnyi 10 gusa, Marseille yatsinze ikinyuranyo kinini cya 5-2, hanyuma itsindirwa na Lyon igitego 1-0 mu rugo rw’iyo kipe mbere y’ikiruhuko cy’abakinnyi mpuzamahanga. Nyuma y’icyo kiruhuko cy’ibyumweru bibiri, Marseille yatsinze Lorient ibitego 4-0 mu rugo, bikayifasha kuzamuka ku mwanya wa 7 ku rutonde rwa Ligue 1.
Tega nonaha!
REAL MADRID – OLYMPIQUE MARSEILLE
INDI MIKINO IHARI MURI UEFA CHAMPIONS LEAGUE KURI UYU MUNSI

Must See
-
Imikino
/ 2 hours ago“Nge mbona ikibazo atari Ruben Amorim” – Paul Scholes avuga ku bibazo bya Manchester United
Manchester United, imwe mu makipe akunzwe cyane ku isi, iri mu bihe bigoye cyane...
By Gatete Jimmy -
Imikino
/ 3 hours agoAbategura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup biseguye kuri APR FC !
Mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryasojwe kuwa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025...
By Gatete Jimmy -
Imikino
/ 5 hours agoHaaland muri Barcelona – Ibyasohotse mu binyamakuru byo ku mugabane w’I Burayi
FC Barcelona iyobowe na Joan Laporta iri mu nzira igaragara yo kureshya rutahizamu ukinira...
By Gatete Jimmy -
Imikino
/ 5 hours agoKuba Singida Black Stars yatwaye CECAFA Kagame Cup byagakwiye gukanga Rayon Sports bagiye guhura ?
Ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania yanditse amateka mashya mu mupira w’amaguru...
By Gatete Jimmy -
Imikino
/ 18 hours agoEXCLUSIVE – Mu buryo bw’imibare , umunsi wa mbere wa Rwanda Premier League udusigiye iki ?
Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 yatangiye mu buryo butunguranye ndetse...
By Gatete Jimmy
Inkuru zarebwe cyane
- Dore ama miliyoni amakipe azaza mu 8 ya mbere bazahebwa muri Shampiyona y’u Rwanda (11,242)
- Kylian Mbappé yatumye Real Madrid y’abakinnyi 10 yikura imbere ya Real Sociedad (9,880)
- Nigeria iri mu itsinda rimwe n’Amavubi irashinja FIFA kwanga guhana South Africa (9,768)
- “Inkuru zo kuduca intege tutaratangira umukino babireke, Byinshi Shema Fabrice yavuze ku Mavubi (7,426)
- Abakinnyi 27 bahamagawe mu mavubi batarimo Sahabo na Gueulette n’Abandi bashya 5 (7,125)