Connect with us

Amakuru

FA CUP -Liam Rosenior yatangiranye intsinzi ihamye

FA CUP : Charlton Athletic 1 – 5 Chelsea

Umutoza mushya wa Chelsea, Liam Rosenior, yatangiye neza inshingano ze, atoza ikipe ye mu mukino wa FA Cup wo mu cyiciro cya gatatu itsinda Charlton Athletic ibitego 5-1, mu mukino wabereye kuri Valley stadium yari yuzuye abafana.

Chelsea yagaragaje ubusugire bwayo kuva ku munota wa mbere, nubwo Charlton yo mu cyiciro cya kabiri (Championship) yatangiye isatira cyane. Lloyd Jones na Tyreece Campbell bagerageje amahirwe, ariko Chelsea igenda ifata umupira igashyiraho igitutu gihoraho.

Igitego cya mbere cyaje mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, gitsinzwe na Jorrel Hato w’imyaka 19, utahagaritse umupira mbere yo kuwushyira mu izamu n’ishoti rikomeye nyuma y’ikosa mu bwugarizi bwa Charlton. Ni igitego cye cya mbere muri Chelsea.

Mu gice cya kabiri, Tosin Adarabioyo yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 50, atsinda n’umutwe ku mupira wari uzamuwe muri coup franc.

INDI NKURU WASOMA :APR FC yegukanye Super Cup ya 2025 inyagiye Rayon Sports

Nubwo Charlton yakomeje kurwana, ndetse Miles Leaburn akaza gutsinda igitego kimwe avuye kuri koruneri, Chelsea ntiyacitse intege.

Marc Guiu, undi mukinnyi muto w’imyaka 19, yahise asubizamo igitego cya gatatu, ashyira Chelsea mu mwanya mwiza.

Mu minota ya nyuma, abakinnyi binjiye basimbuye barimo Pedro Neto na Enzo Fernandez bashimangiye intsinzi. Neto yatsinze igitego cya kane, mu gihe Fernandez yasoje umukino atsinda penaliti ku munota wa nyuma.

Uyu mukino wari udasanzwe kuri Charlton, yakiriye imwe mu makipe akomeye yo mu Bwongereza bwa mbere kuva mu 2007. Nubwo hari itandukaniro rinini mu bushobozi n’amafaranga, Charlton yagerageje kugaragaza ko itari yoroshye.

 

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru