Guverinoma ya Gabon yafashe icyemezo gikomeye cyo guhagarika by’agateganyo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, ikuraho umutoza ndetse yirukana burundu bamwe mu bakinnyi b’inararibonye, nyuma y’umusaruro mubi bagize mu mikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika (AFCON) cyabereye muri Maroc.
Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Gatatu n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Siporo by’agateganyo, Simplice-Désiré Mamboula, binyuze kuri televiziyo y’igihugu. Yavuze ko cyafashwe nyuma y’uko ikipe ya Gabon, izwi nka “Panthers”, isoje iri ku mwanya wa nyuma mu itsinda ryayo, igahita isezererwa mu irushanwa.
Mamboula yagize ati: “Dushingiye ku musaruro uteye isoni ikipe y’igihugu yagaragaje muri AFCON, guverinoma yafashe icyemezo cyo gusesa abari bagize itsinda ry’abatoza, guhagarika ikipe y’igihugu kugeza igihe kitaramenyekana, no kwirukana abakinnyi Bruno Ecuele Manga na Pierre-Emerick Aubameyang.” Ibi yabivuze nyuma yo gutsindwa ibitego 3-2 n’ikipe ya Côte d’Ivoire i Marrakesh.
Gabon yatozwaga na Thierry Mouyouma wahoze ari myugariro, ariko yari yaramaze gusezererwa nyuma yo gutsindwa imikino ibiri ya mbere mu itsinda F, itsindwa na Cameroun ndetse na Mozambique. Mu mukino wa nyuma, Gabon yari yatsinze Côte d’Ivoire ibitego 2-0, ariko iza kwishyurwa Umukino urangira itsinze ibitego kuri bibiri.
Aubameyang na Ecuele Manga ntibagaragaye muri uwo mukino, cyane cyane Aubameyang wari wasubiye mu Bufaransa kwivuza imvune yo mu itako. Nyuma y’ibi byemezo, Aubameyang yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko ibibazo by’ikipe bitarenze ku muntu umwe, ahubwo bifite imizi yimbitse.
Kuri benshi, birashoboka ko Aubameyang w’imyaka 36 na Ecuele Manga w’imyaka 37 baba bakinaga imikino yabo ya nyuma mu ikipe y’igihugu. Nubwo kera guhagarika ikipe y’igihugu byari bisanzwe muri Afurika, ubu FIFA igenda igaragaza ko idashyigikiye na gato kwivanga kwa leta mu miyoborere y’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru.