Connect with us

Amakuru

RPL – Al Hilal idafite inkingi za mwamba zose yatsinze Gorilla FC

Al Hilal yongeye gusubira mu murongo w’intsinzi nyuma yo gutsinda Gorilla FC ibitego 3-0, mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa Gatatu.

Uyu mukino wari ufite agaciro gakomeye ku ruhande rwa Al Hilal, yari imaze iminsi itabona intsinzi muri Rwanda Premier League.

Rutahizamu Ahmed M’Barreck ni we wabaye intwari y’uyu mukino, atsinda ibitego bibiri byafashije ikipe ye gusubirana icyizere.

Al Hilal yari imaze imikino itatu idatsinda, aho yari yaratsinzwe na Rutsiro FC igitego 1-0 ndetse na SC Kiyovu ibitego 2-1, mbere yo kunganya na Marines FC ibitego 2-2 nyuma yo kuba yari yabanje gutsindwa.

Nubwo Al Hilal yari ifite ikibazo cy’abakinnyi 11 bari mu makipe y’ibihugu byabo mu gikombe cya Afurika cya 2025 kiri kubera muri Maroc, yabashije kwitwara neza igaragaza ubunyamwuga n’imyiteguro myiza.

M’Barreck yafunguye amazamu ku munota wa 27, igitego cyahise gituma Al Hilal itangira gukina yisanzuye.

INDI NKURU WASOMA :Hatangiye ibiganiro bigamije kurwanya abanywa ibyongera imbaraga bitemewe muri siporo

Nyuma y’iminota ine gusa, Adama Coulibaly yatsinze igitego cya kabiri, bituma Al Hilal ijya kuruhuka iyoboye n’ibitego 2-0. Gorilla FC yagerageje kugaruka mu mukino mu gice cya kabiri, ariko ubusatirizi bwa Al Hilal bwakomeje kuyigora.

Ku munota wa 69, M’Barreck yongeye kwandika izina rye ku kibaho cy’abatsinze atsinda igitego cya gatatu, ahita yemeza intsinzi y’ikipe ye n’amanota atatu yose.

Iyi ntsinzi yatumye Al Hilal izamuka ikagera ku mwanya wa 12 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 14 mu mikino umunani imaze gukina. Gorilla FC yo iguma ku mwanya wa 11 n’amanota 15, ariko yo imaze gukina imikino 14.

 

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Amakuru