Nyuma y’igihe kitari gito mu manza , ikipe ya Vision FC yategetswe n’Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA] kwishyura arenga gato miliyoni 32 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) uwahoze ari umutoza wayo, Colum Shaun Selby, nyuma yo kumwirukana mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Uyu mwongereza, wari warahawe inshingano zo gutoza Vision FC mu mwaka w’imikino wa 2024/2025, yirukanwe mu gihe ikipe yari ihagaze nabi ku rutonde rwa shampiyona, ibintu ubuyobozi bw’iyi kipe bwavugaga ko ari umusaruro muke utari ujyanye n’intego zayo.
Ariko, nyuma yo kwirukanwa, Selby ntiyabyakiriye neza, ahitamo gushyikiriza ikirego FIFA, asaba ko uburenganzira bwe bwubahirizwa.

Mu ntangiriro z’Ugushyingo muri 2024, Vision FC yahise ishyiraho umutoza mushya, Mbarushimana Abdou, ngo asimbure Selby. Uyu mugabo yari asanzwe azwi mu mupira w’amaguru w’imbere mu gihugu kubera ubunararibonye afite mu gutoza amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri.
Amakuru agera kuri The Drum yemeza ko nyuma yo gusuzuma ibimenyetso by’impande zombi, FIFA yanzuye ko Vision FC yarenze nkana ku masezerano yari ifitanye na Selby, bityo igasabwa kumwishyura amafaranga angana na miliyoni 32 Frw nk’indishyi.
INDI NKURU WASOMA : Rayon Sports mu ihurizo bigoye kwigobotora mbere yo guhura na mukeba
Ibi bibaye mu gihe Vision FC imaze igihe itari mu bihe byiza, kuko mu mwaka ushize w’imikino, mbere y’uko isubira mu cyiciro cya kabiri, yari imaze guhindura abatoza batanu mu gihe gito.
Vision FC yazamutse mu cyiciro cya mbere bigizwemo uruhare n’umutoza Muvunyi Felix ‘Fils’ gusa ntabwo batindanye kuko iyi kipe yahise imureka. Ibi abenshi babifata nk’ikosa rikomeye ndetse bakemeza ko kitaricyo gihe cyiza cyo gutandukana n’umutoza Fils bigendanye n’uburyo yari azamuyemo ikipe ndetse n’uko yari ayimenyereye.
Ubuyobozi bwa Vision FC ntabwo bwahagarariye aho mu gukora amakosa, kuko n’umuntu bahaye akazi atariyo mahitamo nyakuri. Umwongereza Calum Shaun Selby wasimbuye Fils nta mateka yari azwiho muri ruhago byumwihariko mu Rwanda kuko yatojeho ikipe ya Etincelles FC iminsi mike nabwo ntibyagenda neza.
Abasesenguzi batandukanye muri ruhago nyarwanda bemeza ko amakipe akizamuka mu cyiciro cya mbere, akenshi akunze gukora ikosa riyahuhura akazana umutoza utazi neza shampiyona y’u Rwanda kandi umutoza agira uruhare nibura rwa 60% kugira ngo ikipe ibashe kuguma mu cyiciro cya mbere.


Vision FC yaje guhagarika Calum Shaun Selby ndetse iba ihaye umwanya Banamwana Camarade wari waje nk’umutoza wungirije gusa nawe ntiyarengeje imikino 3 ikipe iba ihawe Abdou Mbarushimana.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Vision FC ntiburagira icyo butangaza ku cyemezo cya FIFA, ariko bamwe mu bakurikiranira hafi imyitwarire y’amakipe yo mu Rwanda bavuga ko ibi bigomba kuba isomo ry’ingirakamaro kuri yo.
Umwe muri abo twaganiriye yagize ati:“Amakipe akwiye kubahiriza amasezerano y’abatoza. Iyo umutoza yirukanwe hatubahirijwe amategeko, bigira ingaruka zikomeye cyane ku isura y’ikipe no ku ngengo y’imari yayo.”
Icyemezo cya FIFA gishyira Vision FC ku rutonde rugali rw’amakipe nyarwanda yakunze kugongana n’amategeko mpuzamahanga agenga amasezerano y’abakozi ;aha harimo n’amwe mu yakunzwe .
Ubu iyi kipe isabwa kwishyura Selby bitarenze amezi atatu, mu gihe bitabaye ibyo ishobora gufatirwa ibihano birimo no guhagarikwa mu isoko ry’abakinnyi.
KWAMAMAZA: Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Fortebet; kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari ya mbere, Kanda munsi 👇👇👇
https://www.fortebet.rw/?pref_device=desktop&utm_source=thedrum_rw&utm_medium=leaderboardHP&utm_
												
																					Must See
- 
															
								
									
																	Amakuru
/ 5 hours ago1000 Hills Derby: Rayon Sports yakiriye izindi mbaraga mbere yo guhura na mukeba
Rayon Sports yongeye guhumeka umwuka w’intsinzi mu mwiherero wayo mbere yo guhura na APR...
By Gatete Jimmy - 
															
								
									
																	Urukundo
/ 9 hours agoJames Maddison wa Spurs yongeye kubyara impanga yikurikiranya!
Umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Tottenham Hotspur, James Maddison, yahishuye ko yibarutse impanga...
By Gatete Jimmy - 
															
								
									
																	Amakuru
/ 1 day agoAPR FC yongeye gutaka ugukorwa mu mufuka
Nyuma yo kunganya na Rutsiro FC igitego 1–1 mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa...
By Gatete Jimmy - 
															
								
									
																	Amakuru
/ 2 days agoIntsinzi ya Rayon Sports imbere ya Marines FC yaherekejwe n’inkuru mbi
Umwuka w’ibyishimo waranze abafana ba Rayon Sports bari mu karere ka Rubavu kuri iki...
By Gatete Jimmy - 
															
								
									
																	Imyidagaduro
/ 2 days agoMiss Jolly yatangaje benshi agura akayabo ‘Jersey’ ya PSG yihariye
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki ya 1 Ugushyingo 2025, Nyampinga w’U Rwanda wa...
 
Inkuru zarebwe cyane
- 🚨LIVE REPORTING – Umubiligi Remco Evenepoel niwe wegukanye agace ka ITT – UCI Road World Championshipship 2025 (22,918)
 - Abakinnyi 3 b’abanyarwanda bageze mu matsinda y’Imikino ya CAF abandi 2 bari ku muryango (19,020)
 - Dore ama miliyoni amakipe azaza mu 8 ya mbere bazahebwa muri Shampiyona y’u Rwanda (18,632)
 - Gen.Patrick Nyamvumba yasabye Rayon Sports kurwana ku izina ry’igihugu -AMAFOTO (17,654)
 - Munyakazi Sadate yashyiriyeho Rayon Sports agahimbazamusyi kadasanzwe (17,246)
 

