Connect with us

Imikino

Messi yavuze impamvu yongeye amasezerano muri Inter Miami

Umunyabigwi mu mateka y’Umupira w’Amaguru ku Isi, Lionel Messi ukomoka mu gihugu cya Argentina yavuze impamvu yongeye amasezerano mu ikipe ya Inter Miami yo kugeza 2028 abakinira.

Messi ubwo yaganiraga na NBC News yavuze ko ari icyemezo cyamworoheye gufata kubera ukuntu yishimye muri iyi kipe ya Inter Miami.

Yagize Ati “Mpora mbivuga ko mfata ibyemezo bitewe n’Uko mba meze umunsi ku munsi, Uko mba meze mu bigaragara ndetse n’Uko meze mu mutwe, Niba nakomeza gukina ndetse no gukomeza kuba umwe mu bagize ikipe, Mu by’Ukuri meze neza mu gihe maze hano, Nishimiye kuba muri Miami njye n’Umuryango Wanjye.”

INDI NKURU WASOMA: Abakinnyi 3 b’abanyarwanda bageze mu matsinda y’Imikino ya CAF abandi 2 bari ku muryango

Lionel Messi aherutse gusinya amasezerano yongera ayo yari afite, Kuri Freedom Stadium niho uwo muhango wabereye, Mu mwaka wa 2026 nibwo ayo masezerano mashya azatangira gushyirwa mu bikorwa kugeza 2028.

Messi amaze gukina imikino 83 muri Inter Miami aho amaze gutsinda ibitego 73, Ubu amaze gutanga imipira yavuyemo ibitego 37, Yafashije Iyi kipe ubu bari gukina imikino ya kampara Mpaka ‘Playoff’ Kandi Messi aheruka no guhabwa igihembo cy’Umukinnyi watsinze byinshi muri Major League Soccer.

KWAMAMAZA: Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Fortebet; kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari ya mbere, Kanda munsi 👇👇👇

https://www.fortebet.rw/?pref_device=desktop&utm_source=thedrum_rw&utm_medium=leaderboardHP&utm_campaign=week44#/app/offer/top

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

Advertisement

More in Imikino