Connect with us

Imikino

Ibitego umunani mu mukino umwe – UEFA Champions League yagarutse !

Ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025 nibwo hakinwaga imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa UEFA Champions League ku bibuga bitandukanye ndetse amakipe akomeye arimo Arsenal  na Real Madrid abyitwaramo neza , reka turebere hamwe ibyavuye ku bibuga bitandukanye kuri uyu munsi .

Mu mukino utazibagirana wabereye i Turin, Juventus na Borussia Dortmund banganyije ibitego 4-4, umukino wagaragayemo ubudasa, ndetse n’umupira wuzuyemo ishyaka ridasanzwe ku mpande zombi.

Ni umwe mu mikino yanditse amateka nk’uwabonetsemo ibitego byinshi muri iki cyiciro cya Champions League. Dortmund yari yizeye intsinzi nyuma y’uko Ramy Bensebaini abatsindiye igitego cya kane ku munota wa 85 ku mupira w’umuterekano, ariko Juventus ikaza kubishyura mu minota y’inyongera binyuze kuri Dušan Vlahović na Lloyd Kelly. Vlahović, watsinze ibitego bibiri, yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umukino.

Two soccer players in black Juventus uniforms with numbers 11 and 6, running on a field. The background shows a stadium with a crowd. Text overlay displays a 4-4 score between Juventus and Borussia Dortmund, listing goal scorers Kenan Yildiz, Francisco Conceicao, Dusan Vlahovic, Teun Koopmeiners, and Ramy Bensebaini.

Ku rundi ruhande, Real Madrid yari yakiriye Marseille maze itsinda ibitego 2-1. Umutoza mushya Xabi Alonso yitwaye neza mu mukino we wa mbere muri Champions League. Nubwo Timothy Weah yari yafunguye amazamu ku ruhande rwa Marseille, Kylian Mbappé yaje kubatsinda ibitego bibiri byose kuri penaliti, anahesha Madrid amanota atatu ya mbere.

Kylian Mbappé wearing a white Real Madrid jersey with the number 10. He stands on a soccer field with arms crossed, celebrating. A crowd is visible in the background. Text overlays show a score of Real Madrid 2, Olympique de Marseille 1, and mentions Mbappé scoring twice.

Kuri sitade ya San Mames yo mu gace ka Bilbao mu gihugu cya Esipanye ,ikipe ya Athletic Club yari yakiriye ikipe ya Arsenal  mu mikino wayobowe n’umusifuzi w’umunya – Lithuania witwa Donatus Rumsas.

INDI NKURU WASOMA BIFITANYE ISANO : “Kuva Amorim yahabwaga akazi ,ikipe yarushijeho kubona ishyano!” : Wayne Rooney

Arsenal, yari yasuye Athletic Club i Bilbao, yegukanye intsinzi y’ibitego 2-0 mu mukino waranzwe no guhangana gukomeye. Gabriel Martinelli na Leandro Trossard binjiye mu kibuga bavuye ku ntebe y’abasimbura, maze bahindura ibintu, batanga icyizere cyo kugera kure kuri iyi ikipe y’Abongereza.

Gabriel Martinelli and Leandro Trossard in Arsenal blue jerseys celebrating on a soccer field. Gabriel Martinelli raises a fist, surrounded by teammates. The score shows Villarreal 0, Arsenal 2, with goals by Gabriel Martinelli in the 72nd minute and Leandro Trossard in the 87th minute.

Mu rindi tsinda kandi, Union Saint-Gilloise yo mu Bubiligi yanditse amateka itsindira PSV Eindhoven iwayo ibitego 3-1 mu mukino wayo wa mbere muri iri rushanwa. Promise David, Ait El Hadj na Kevin Mac Allister nibo batsinze ibitego by’intsinzi. Ibi byatumye iyi kipe itangira iri mu byishimo byuzuye, ndetse Ait El Hadj agirwa umukinnyi wahize abandi.

Two soccer players on a field, one wearing a blue jersey with "AIT EL HADJ 10" on the back, the other in a yellow and blue jersey with "PSV" and "DAVID P" visible. They are facing each other, with one gesturing with a hand. A scoreboard shows PSV 1 - 3 Union SG, with goals by Van Bommel 90', Ait El Hadj 39', and Mac Allister 81'.

Qarabağ yo muri Azerbaijan nayo yigaragaje itsindira Benfica ku kibuga cyayo ibitego 3-2, mu gihe Tottenham Hotspur yagarutse muri Champions League itsinda Villarreal igitego 1-0, biturutse ku buhanga budasanzwe bwa Lucas Bergvall wanagizwe umukinnyi mwiza w’umukino. Umutoza mushya w’iyi kipe, Thomas Frank, yatangiye neza.

Leandro Andrade celebrating with arms raised, wearing a blue Qarabağ soccer jersey with number 15 and "AZERBAIJAN" text. Baris Alper Yılmaz in a similar blue jersey with number 17 is visible in the background. Players in red jerseys are on the field. A scoreboard shows Benfica 2, Qarabağ 3, with goals by Baris Alper Yılmaz 16\', Pavlidis 48\', Leandro Andrade 30\', and Kashchuk 86\'. A UEFA Champions League logo is at the top.

Three soccer players in white Tottenham jerseys with navy accents celebrating on a field. They are smiling and embracing, with the UEFA Champions League logo visible on their uniforms. A scoreboard shows Tottenham 1, VfB 0, with Luiz Junior credited for an own goal.

Amaso yose ubu ahanzwe ku mikino itaha y’umunsi wa kabiri iteganyijwe guhera ku itariki ya 30 Nzeri, aho aya makipe azaba agiye gushaka uko yakomeza kwibakaho andi manota atatu dore ko ari ingenzi muri ubu buryo bushya iri rushanwa riri gukinwamo ,  Juventus izajya gusura Villarreal, ndetse na Real Madrid izajya muri Kazakhstan guhura na Kairat Almaty.

Imikino y’umunsi wa mbere igomba gukomeze kuri uyu wa gatatu ndetse imwe mu mikino mini ihari harimo uwo ikipe ya Liverpool kuri Anifield Road Stadium  iraza kuba yakiriye ikipe ya Athletico  Madrid ku isaha y’i saa tatu z’ijoro .

Kuri kampani ya mbere yo gutega ku mikino itandukanye ikorera mu Rwanda ya Fortebet  ,uyu mukino wamaze kugeraho ndetse hari amasoko atandukanye ushobora kuba wawuguraho ku bikubo utasanga ahandi  .

Liverpool gutsinda kwayo bikubiye 1.55      kunganya kwayo  bikubiye 4.50 mu gihe gutsindwa bikubiye 6.10 .

LIVERPOOL – ATLETICO MADRID

17. 9. 2025
Umukino uratangira: 21:00

Muze kuryoherwa n’umukino!

Tega nonaha!

Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Forte Bet ;kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari rya mbere  : 👉👉👉👉  fortebet.rw .

Comments
Advertisement

Must See

Inkuru zarebwe cyane

More in Imikino