Amakuru
Darko Novic yemeye ko intsinzi ya AS Kigali yamukuyeho igitutu
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Umutoza wa Al-Merrikh, Darko Novic, nyuma y’intsinzi ikomeye ya 2–1 batsinze AS Kigali ku Cyumweru, yavuze ko yumvise umutwaro umuvuyeho nyuma y’uko ikipe ye itangiye nabi Shampiyona y’u Rwanda.
Umunyaseribiya Novic yari amaze iminsi aterwa igitutu n’abakunzi b’ikipe nyuma yo gutsindwa imikino ibiri ya mbere. Nyamara kuva ubwo, ikipe ye yongeye kwiyubaka, itsinda imikino ibiri ikurikirana.
Yaganiriye n’abanyamakuru nyuma y’umukino, agaragaza ko uburyo ikipe iri kugenda igaruka ku murongo bumuhaye icyizere.
Yagize ati:“Ntabwo twatangiye neza, ariko ubu dutangiye gufata umuvuduko. Shampiyona irakomera kandi buri kipe iba ishaka amanota atatu. Ni ngombwa ko duhora twiteguye buri mukino.”
Novic yakomeje ashimangira ko ubutwari bw’abakinnyi be n’ubushake bwo guharanira intsinzi byatumye bongera kwisubiza icyizere bari baratakaje. Yavuze ko yagiye abashishikariza kudacika intege, ahubwo bagaharanira amahirwe yose aboneka mu mikino ibategereje.
Yongeyeho: “Hari byinshi abantu banyurwa nabyo, cyane cyane ukwitanga kw’abakinnyi n’imbaraga bagaragaje mu kurwanira amanota. Nababwiye ko tugomba gukomeza gushaka ibisubizo byiza no mu mikino ikurikiraho.”
INDI NKURU WASOMA :APR BBC yitegura shampiyona yongereyemo amaraso mashya
Umutoza kandi yashimiye uburyo abakinnyi bakurikiye neza imigambi y’imikinire bari bateguye, cyane ko bari bahanganye na AS Kigali izwiho gukomera no kubaka umukino mu buryo bwa tekinike.
“Ndanyuzwe n’uburyo twakinnye umukino utunganye kandi wubahirije tactique twateguye. Ndashimira abakinnyi uko bakurikiye amabwiriza, ndetse n’abafana bacu batubaye hafi.”
Itsinzi yo ku Cyumweru yahise izamura Al-Merrikh kugera ku mwanya wa 14 n’amanota icyenda mu mikino itanu imaze gukinwa, bingana n’ayo AS Kigali ifite nubwo yo imaze gukina imikino 12.
Ubu Al-Merrikh iritegura kugaruka mu kibuga ku wa Gatatu tariki 10 Ukwakira, aho izakira Marines FC kuri Kigali Pele Stadium.
KWAMAMAZA: Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Fortebet; kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari ya mbere, Kanda munsi👇👇👇