Amakuru
Rwanda Premier League yatangaje impinduka mu ngengabihe y’imikino
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko imikino yo kwishyura ya shampiyona y’u Rwanda izatangira ku itariki ya 30 Mutarama 2026, nyuma y’ivugururwa ry’ingengabihe y’imikino ibanza n’iy’inyongera yari itegerejwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Mutarama 2026, Rwanda Premier League yasobanuye ko habayeho kongera gutegura imikino y’umunsi wa nyuma usoza imikino ibanza, hanatangazwa n’igihe amakipe yo mu Rwanda azakina imikino y’inyongera ahura n’amakipe yo muri Sudani ari yo Al Merrikh SC na Al Hilal SC.
Rayon Sports na APR FC, zimwe mu makipe akomeye atari yarakina n’ayo makipe yo muri Sudani, nazo zamaze kumenyeshwa ingengabihe y’imikino yazo.
APR FC izakina na Al Merrikh SC ku itariki ya 17 Mutarama 2026 kuri Sitade Amahoro. Gusa umukino uzayihuza na Al Hilal SC nturatangarizwa itariki kubera ko iyi kipe yo muri Sudani igifite indi mikino nyafurika irimo gukina.
Ku ruhande rwa Rayon Sports, iyi kipe izakina na Al Hilal SC ku itariki ya 18 Mutarama 2026, naho tariki 21 Mutarama 2026 ikine na Al Merrikh SC. Iyi mikino yose ya Rayon Sports izabera kuri Sitade Amahoro i Remera.
Rwanda Premier League yanatangaje impinduka ku kibuga kizakinirwaho imikino imwe n’imwe yo muri shampiyona.
INDI NKURU WASOMA :Police FC ikomeje kwerekana ko ititeguye kurekura
Umukino wa Rayon Sports na Mukura Victory Sports uteganyijwe ku itariki 24 Mutarama 2026 uzabera kuri Sitade ya Muhanga aho kubera i Huye, bitewe n’uko Sitade ya Huye itarasoza kuvugururwa. Ni nako bimeze ku mukino wa APR FC na Amagaju FC uteganyijwe ku itariki ya 14 Mutarama 2026, uzakinirwa kuri Sitade ya Muhanga.
Amakuru The Drum twamenye avuga ko nubwo itangira ry’imikino yo kwishyura ryemejwe, ingengabihe irambuye y’uko amakipe azahura itaratangazwa, nubwo Rwanda Premier League yavuze ko nayo izahita ishyirwa ahagaragara .