Featured
FIFA yateye mpaga Afurika y’Epfo, Amahirwe ariyongera kuri Benin, Nigeria n’U Rwanda
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA, Yamaze gutera mpaga ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo iri mu itsinda C hamwe n’u Rwanda, Benin, Nigeria, Lesotho na Zimbabwe.
FIFA yateye mpaga Afurika y’Epfo ikurwaho n’ibitego 3 kubera gukinisha Teboho Mokoena wari wujuje amakarita 2 y’umuhondo ariko aza gukoreshwa ku mukino wahuje Afurika y’Epfo na Lesotho muri Afurika y’Epfo, Umukino warangiye Afurika y’Epfo itsinze ibitego 2 ku busa tariki ya 21 Werurwe 2025.
Itsinda C uko rihagaze kugeza ubu:
1. Benin 14 Pts izigamye ibitego 4.
2. South Africa 14 Pts izigamye ibitego 3.
3. Nigeria 11 Pts izigamye ibitego 2.
4. Rwanda 11 Pts nta gitego izigamye.
5. Lesotho 9 Pts irimo umwenda w’ibitego 3.
6. Zimbabwe 4 Pts irimo umwenda w’ibitego 6.
IZINDI NKURU WASOMA BIJYANYE:
https://thedrum.rw/2025/09/29/camarade-wa-ferwafa-yakatiwe-gufungwa-iminsi-30-yagateganyo/
https://thedrum.rw/2025/09/29/shema-fabrice-yahuye-nabakinnyi-babanyarwanda-bakina-hanze/
IMIBARE ISABWA NGO U RWANDA RUJYE MU GIKOMBE CY’ISI NUBWO BITOROSHYE:
U Rwanda rusabwa gutsinda imikino 2 isigaye maze rukayobora itsinda C, Tariki ya 10 Ukwakira 2025, U Rwanda ruzakira Benin kuri Stade Amahoro I Remera, Ni umukino u Rwanda rusabwa gutsinda rukagira amanota 14.
Umukino usoza itsinda ku Rwanda, U Rwanda ruzajya muri Afurika y’Epfo gukina nicyo gihugu tariki ya 14 Ukwakira 2025, Amavubi yatsindiye I Huye muri iyi mikino n’ubundi mu mwaka wa 2023 ibitego 2-0.
Amakipe azajya mu gikombe cy’isi buri tsinda ubu icyo asabwa:
Ikipe izaba iya mbere muri buri tsinda izahita ijya mu gikombe cy’isi, Amakipe azaba aya kabiri azajya mu mikino ya nyuma ya kamarampaka ya Afurika, Amakipe 2 yitwaye neza azahura nandi makipe azaturuka ku mugabane wa Asia na Amerika y’Epfo.
KWAMAMAZA: Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Fortebet; kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari rya mbere, Kandi munsi 👇👇👇
Teboho Mokoena niwe watumye Afurika y’Epfo iterwa mpaga ikatwa n’ibitego 3.
FIFA kandi yaciye Afurika y’Epfo ibihumbi 10,000 y’ama Switzerland angana n’amadolari 10,800 $.