Amakuru
Camarade wigeze kuyoboraho FERWAFA agiye gutangira kuburanishwa
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 116
Warning: Undefined variable $post in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Warning: Attempt to read property "ID" on null in /home/thedrum/public_html/wp-content/themes/the-league/amp-single.php on line 117
Kalisa Adolphe uzwi cyane ku izina rya Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [FERWAFA], agiye kugezwa imbere y’ubutabera ku wa Gatanu, tariki ya 19 Nzeri 2025, aho azaburanishwa ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo n’urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo.
Kalisa akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kunyereza umutungo wa Leta, gusaba no kwakira ruswa, ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano. Ni ibyaha bikubiye mu byagaragajwe n’Ubushinjacyaha nyuma y’iperereza ryatangiye ku wa 4 Nzeri 2025 ubwo yatabwaga muri yombi .
Nk’uko byemejwe na Nkusi Faustin, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa rugamije kureba niba Kalisa akwiye gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo cyangwa ari hanze, bitewe n’uburemere bw’ibyaha akekwaho.
INDI NKURU WASOMA BIFITANYE ISANO ; Lionel Messi agiye kongera amasezerano muri Inter Miami
Nyuma yo kumuta muri yombi, iperereza ry’ibanze ryemeje ko hari impamvu zifatika zituma akekwaho ibyaha. Dosiye ye yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 9 Nzeri, nyuma y’igenzura ryihariye ryakozwe n’inzego z’ubugenzacyaha.
Itegeko No 54/2018 ryo ku wa 13 Kanama 2018 ryerekeye kurwanya ruswa riteganya ko umuntu uhamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi (7) na icumi (10) n’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’umutungo yanyereje.
Ku rundi ruhande, gukoresha inyandiko mpimbano, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 276 y’Itegeko No 68/2018, bishobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu (5) na irindwi (7), ndetse n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda hagati ya miliyoni eshatu (3M) na miliyoni eshanu (5M).
Icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke na cyo kirimo ibihano bikomeye: aho hateganywa igifungo cy’imyaka itanu kugeza kuri irindwi, hakiyongeraho ihazabu yikubye inshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatanzwe cyangwa yakiriwe.
Ku itariki ya 16 Nzeri 2025 nibwo Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwemeje ko ruri mu iperereza ku bakozi babiri b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) ku byaha birimo n’icyo kunyereza umutungo.
Uyu munsi imikino y’umunsi wa mbere wa UEFA Champions Legue irasozwa ,Manchester City iraza kuba yakiriye ikipe ya SSC Napoli. Muri Forte nka kampani yo nyine ifite ikubo byiza utahasanga ahandi mu gihugu ,uyu mukino urimo ndetse wawugura mu masoko agiye atandukanye .
Gutsinda kwa Man City gukubiye 1.68 Kunganya 4.00 Gutsinda kwa Napoli 5.40 .
MANCHESTER CITY – SSC NAPOLI
18. 9. 2025
Umukino uratangira: 21:00
Kevin De Bruyne aragaruka mu kibuga cya Etihad mu buryo bwari bwitezwe cyane, ubwo azaba yambaye umwenda wa Napoli mishya ye izasura Manchester City mu mukino wa mbere wa League Phase muri Champions League ya 2025-26 ku mugoroba wo ku wa Kane.
Nyuma yo gutsindwa imikino ibiri yikurikiranya na Tottenham na Brighton mbere y’ikiruhuko cy’imikino mpuzamahanga, Man City yagarutse mu buryo bwiza itsinda mu mukino w’ishiraniro, aho yatsinze Manchester United ku giteranyo cya 3-0 muri Premier League ku Cyumweru, ibthanks ku mutwe wa Phil Foden n’ibitego bibiri byiza bya Erling Haaland.
Abegukanye igikombe mu 2023 bazaba bifuza kwirinda kongera gukora ku makosa yabaranze mu mwaka ushize muri League Phase, ubwo batungurwaga no kurangiza ku mwanya wa 22 mu makipe 36 mbere yo gusezererwa na Real Madrid muri playoff y’amatsinda. Cityzens batsinzwe imikino ine muri itanu iheruka muri Champions League, ariko nta bwo baratsindwa mu mikino 21 y’amatsinda cyangwa League Phase bakinira ku kibuga cyabo.
Nyuma yo kwegukana igikombe cya Serie A ku nshuro ya kabiri mu myaka itatu – kandi bwa mbere bari kumwe n’umutoza mushya Antonio Conte mu mwaka wa 2024-25 – Napoli yatangiye neza urugamba rwo kuryamaho uwo mukino itsinda imikino itatu ibanza muri shampiyona: Cagliari, Sassuolo na Fiorentina.
Rasmus Hojlund, uherutse kuva muri Manchester United, yatsinze igitego ku mukino we wa mbere akinira Napoli ku munota wa 14 mu ntsinzi ya 3-1 batsinze Fiorentina ku mpera z’icyumweru gishize, nyuma y’uko Kevin De Bruyne wari uvuye muri Manchester City na we atsindiye ku mupira w’imiterekano ku munota wa 6.
Ushaka ubusobanuro buruseho ahamagara Nimero za ‘Call Center’ arizo; 0782000205 na 0782000232 cyangwa akabariza ku mbuga nkoranyambaga za Fortebet Rwanda ndetse no ku rubuga www.fortebet.rw.
Niba utarafunguza konti muri Fortebet kandi ukaba wifuza gutega ku mukino itandukanye utavuye aho uri kandi ku bikubo utasanga ahandi mu Rwanda gana Forte Bet ;kwiyandikisha kanda hano winjire mu muryango mugari utagira uwo uheza hanyuma uhabwe ikaze ry’amafaranga 200 frw yo gukoresha ipari rya mbere : 👉👉👉👉 fortebet.rw .